Mahoro Peace Association ifatanyije na Isoko U.S bateguye imyigaragambyo y’amahoro iteganyijwe ku wa 20 Mata 2026 i Washington DC, igamije kwamagana ihohoterwa rikomeje gukorerwa Abanyamulenge n’Abatutsi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Iyi myigaragambyo irategurwa n’imiryango itandukanye irimo Mahoro Peace Association na Isoko U.S., ikaba igamije gukangurira amahanga n’abayobozi b’ibihugu gukurikiranira hafi ibibazo by’umutekano muke n’ihohoterwa rivugwa muri aka karere.
Serivisi za Digital za Afrovera
Dufasha business n’imishinga kugaragara online bin yuze muri serivisi za digital zinoze kandi ku giciro gito cyane.
- ✔ Gukora Website za business & companies
- ✔ Posters & Graphic Design
- ✔ Website Hosting & Domain
- ✔ Gufungura YouTube Channels za business
Abategura iyi myigaragambyo bavuga ko ari igikorwa cy’amahoro kigamije gutanga ubutumwa bukomeye ku muryango mpuzamahanga, basaba ko habaho ubufasha bwihuse bwo kurinda ubuzima bw’abasivili no guhagarika ibikorwa by’ihohoterwa.
Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara, bagaragaje ko ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa Congo gikomeje gufata indi ntera, aho abaturage benshi bakomeje guhunga ingo zabo kubera imirwano n’ibitero bivugwa ko bikorwa mu buryo butarobanura.
Iyi myigaragambyo ije mu gihe amakuru atandukanye akomeje gutangazwa agaragaza ko intambara n’imirwano hagati y’impande zitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Epfo bikomeje guteza ibibazo bikomeye by’ubutabazi n’uburenganzira bwa muntu .
Abazitabira iyi myigaragambyo bazahurira imbere y’inyubako zikomeye za leta ya Amerika, bagamije gusaba ko habaho igitutu cya dipolomasi ku mpande zose bireba kugira ngo amahoro arambye aboneke.
Abategura iki gikorwa bashimangira ko amahoro ariyo ntego nyamukuru, kandi ko ijwi ry’abaturage rigomba kumvikana ku rwego mpuzamahanga, kugira ngo ihohoterwa rivugwa rihagarare burundu.




