29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeUbuzimaMuri Kenya urugomero rwaturitse ruhitana abarenga 40»Inkuru irambuye

Muri Kenya urugomero rwaturitse ruhitana abarenga 40»Inkuru irambuye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abantu barenga 40 bapfuye nyuma y’uko urugomero rushwanyutse kubera imvura nyinshi rugateza imyuzure hafi aho, nk’uko abategetsi babitangaza.

Ingo z’abantu zatwawe n’imihanda iracika nyuma y’uko urwo rugomero ruturitse mu gace kari hagati y’umujyi muto wa Kijabe n’ahitwa Mai Mahi ku muhanda mugari uva Nairobi werekeza i Nakuru mu burengerazuba bwa Kenya.

Guverineri w’intara ya Nakuru Susan Kihika yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati: “42 bapfuye, ni ikigereranyo cy’agateganyo. Haracyari benshi munsi y’ibyondo.”

Peter Muhoho yarokotse iki kiza, benshi mu baturanyi be cyabatwaye, yagize ati: “Nari ndyamye ubwo numvaga guturika cyane kwakurikiwe no gutabaza.

“Amazi yari yuzuye ahantu hose. Dutangira gutabara abantu. Iki gikapu ni icy’umwana nzi. Yatwawe n’amazi. Nagisanze hepfo.”

Ibikorwa byo gushakisha abantu babuze muri ako gace ka Mai Mahiu birakomeje, nk’uko ibinyamakuru by’aho bibivuga.

Uru rugomero rwaturitse mu ijoro ryo ku cyumweru abatuye muri ako gace basinziriye. Byatumye inzu nyinshi n’imibare y’abapfuye n’ababuze iba myinshi.

Ibitaro biri muri aka gace byarengewe mu bushobozi kubera umubare w’abakeneye ubuvuzi bakomeretse.

Umunyamakuru wa BBC dukesha iyi nkuru wahageze avuga ko ubutabazi butoroshye kuko umuhanda mugari wa Nairobi – Mai Mahiu – Nakuru kugeza ubu usa n’utari nyabagendwa kuko igice kinini cyawo cyangijwe n’amazi yavuye kuri urwo rugomero rwaturitse. Abantu barenga 100 bamaze gupfa kubera iyi myuzure iva ku mvura nyinshi imaze iminsi igwa muri Kenya.

Muri Kenya urugomero rwaturitse ruhitana abarenga 40»Inkuru irambuye
Abatuye hano bavuga ko aha hari ingo hafi 20 z’abaturage zatwawe n’amazi y’urwo rugomero
Ingufu nyinshi z’amazi y’urugomero rwari rwarengewe zatwaye inzu zari aha aba baturage bahagaze, abarenga 40 – umubare w’agateganyo – barapfa, abandi baracyashakishwa
Peter Muhoho yerekana igikapu cy’umwana avuga ko azi watwawe n’amazi
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here