27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroNtibisanzwe!Joshua Baraka mu mushinga umwe na French Montana

Ntibisanzwe!Joshua Baraka mu mushinga umwe na French Montana

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Joshua Baraka akomeje kwandika amateka mashya mu muziki wa Afurika, nyuma y’uko umunyabigwi ku rwego mpuzamahanga French Montana yemeje ko bagiye gukorana mu mushinga umwe w’indirimbo bise ‘Morocco’ .

French Montana, ufite inkomoko muri Maroc akaba abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aherutse gutangaza aya makuru abinyujije ku rubuga rwa X (Twitter), aho yemeje ko yamaze gushyiraho umurongo we (verse) mu ndirimbo ya Joshua Baraka. Ibi byahise bikurura amarangamutima menshi mu bakunzi b’umuziki, by’umwihariko abo muri Uganda no muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu muraperi mpuzamahanga yari amaze iminsi yumva indirimbo ya Joshua Baraka iri kuri album “Juvie”, ni indirimbo yise ‘Morocco’ ndetse bigaragara ko yayikunze cyane, bituma afata icyemezo cyo kuyinjiramo. French Montana asanzwe azwiho gukorana n’abahanzi batandukanye bo hirya no hino ku Isi, by’umwihariko no muri Afurika, aho yanigeze gukorana n’itsinda Triplets Ghetto Kids.

Aya makuru yakiriwe neza cyane n’abakunzi b’umuziki muri Uganda, benshi bashimira Joshua Baraka ku buryo akomeje kuzamura ibendera ry’igihugu cye ku ruhando mpuzamahanga.

Joshua Baraka yataramiye mu birori byo gutangiza ku mugaragaro irushanwa rya AFCON 2025, ndetse anakurikirana umukino wa mbere wa Uganda Cranes bakinnye na Tunisia. Ibi byongeye gushimangira ko ari mu bihe byiza by’izamuka mu muziki we.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here