26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroNtibisanzwe!Joshua Baraka mu mushinga umwe na French Montana

Ntibisanzwe!Joshua Baraka mu mushinga umwe na French Montana

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Joshua Baraka akomeje kwandika amateka mashya mu muziki wa Afurika, nyuma y’uko umunyabigwi ku rwego mpuzamahanga French Montana yemeje ko bagiye gukorana mu mushinga umwe w’indirimbo bise ‘Morocco’ .

French Montana, ufite inkomoko muri Maroc akaba abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aherutse gutangaza aya makuru abinyujije ku rubuga rwa X (Twitter), aho yemeje ko yamaze gushyiraho umurongo we (verse) mu ndirimbo ya Joshua Baraka. Ibi byahise bikurura amarangamutima menshi mu bakunzi b’umuziki, by’umwihariko abo muri Uganda no muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu muraperi mpuzamahanga yari amaze iminsi yumva indirimbo ya Joshua Baraka iri kuri album “Juvie”, ni indirimbo yise ‘Morocco’ ndetse bigaragara ko yayikunze cyane, bituma afata icyemezo cyo kuyinjiramo. French Montana asanzwe azwiho gukorana n’abahanzi batandukanye bo hirya no hino ku Isi, by’umwihariko no muri Afurika, aho yanigeze gukorana n’itsinda Triplets Ghetto Kids.

Aya makuru yakiriwe neza cyane n’abakunzi b’umuziki muri Uganda, benshi bashimira Joshua Baraka ku buryo akomeje kuzamura ibendera ry’igihugu cye ku ruhando mpuzamahanga.

Joshua Baraka yataramiye mu birori byo gutangiza ku mugaragaro irushanwa rya AFCON 2025, ndetse anakurikirana umukino wa mbere wa Uganda Cranes bakinnye na Tunisia. Ibi byongeye gushimangira ko ari mu bihe byiza by’izamuka mu muziki we.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here