25.1 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeNyuma yuko Gen. Tshiwewe avuye i Goma, abatuye muri uyu mujyi bahise...

Nyuma yuko Gen. Tshiwewe avuye i Goma, abatuye muri uyu mujyi bahise batangira kumva urufaya rw’ibisasu biremereye cyane biri kwisukiranya

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ibitero by’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri M23, byamaze gutangira mu bice byo muri teritware ya Nyiragongo, hafi n’u Mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ni ibitero byatangiye saa kumi zo mu rucyerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Gashyantare 2024 nkuko twabihamirijwe n’isoko y’amakuru iri ku mirongo y’imbere ku rugamba ruhanganishije M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa FARDC. 

Ibi bitero byibasiye abaturage batuye mu nkengero z’umujyi wa Goma mu duce two muri Grupema ya Kibumba ndetse no mu birindiro bya M23, muri teritware ya Nyiragongo. 

Ibi bitero byatangiye nyuma y’uko ku munsi w’ejo muri Axe ya Kibumba-Goma hiriwe ituze, aho imirwano ihanganishije izi mpande zombi yari yabaye mu nkengero za centre ya Sake, mu duce twa Yerusalemu, Nkingo, ku Nturo no munkengero zaho. 

Ibi bitero byagabwe mu birindiro bya M23 no mu baturage byakozwe n’ingabo za Tanzania hamwe n’iza Malawi bahuriye mu muryango w’ubukungu wa SADC. 

Urubuga rwa Alliance Fleuve Congo, rwemeje aya makuru, aho rwatangaje ko ibitero by’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa FARDC, harimo Ingabo z’u Burundi, SADC, Wazalendo, FDLR na FARDC ryazindutse risuka ibisasu biremereye mu baturage baturiye Kibumba, Buhumba no mu tundi duce turi aho hafi. 

Urubuga rwa Alliance Fleuve Congo rwagize ruti: “Guhera saa kumi n’iminota mirongo ine n’itanu, ingabo z’u Burundi, SADC, Wazalendo, FDLR, Wagner na FARDC, bari gusuka ibisasu mu basivile baturiye Kibumba na Buhumba. M23 ikomeje kwirwanaho no kurwanirira abaturage n’ibyabo.” 

Hari andi makuru avuga ko umugaba mukuru w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen. Christian Tshiwewe Songesa, wari muruzinduko rw’akazi i Goma, yamaze gusubira i Kinshasa. 

Muri uru ruzinduko rwa Gen. Christian Tshiwewe, bivugwa ko yakoresheje inama y’abasirikare bayoboye urugamba bahanganyemo na M23, bategekwa kongera ingufu kugira ngo M23 yamburwe ibice imaze kwigarurira. 

Amakuru yizewe yabonywe na Corridorreport.com avuga ko kindi Gen. Christian Tshiwewe yakoze ari ugusura abasirikare bakomerekeye ku rugamba barimo kuvurirwa mu bitaro bya L’hopital Regional bya Katindo, mu mujyi wa Goma. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img