37.4 C
Africa
Maandag, April 27, 2026
HomePolitikeRDC: Birashoboka ko Amatora ashobora guteshwa agaciro! Urukiko rwasuzumye ubusabe butandukanye

RDC: Birashoboka ko Amatora ashobora guteshwa agaciro! Urukiko rwasuzumye ubusabe butandukanye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa 08 Mutarama 2024; Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwasuzumye ubusabe bw’abantu babiri bwo gutesha agaciro amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Aya matora yabaye tariki ya 20 n’iya 21 Ukuboza 2023 akubiyemo aya Perezida n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Komisiyo yigenga ishinzwe Amatora, CENI, yatangaje amajwi by’agateganyo, igaragaza ko Félix Tshisekedi uhagarariye Ihuriro Union Sacrée yagize 73.34%, akurikirwa na Moïse Katumbi wagize 18.08%, Martin Fayulu aza ku mwanya wa gatatu ku majwi 5.33%.

Umukandida wigenga Théodore Ngoy wagize 0.02% na David Eche Mpala utarigeze yiyamamaza batanze ikirego muri uru rukiko, barumenyesha ko aya matora yagaragayemo inenge nyinshi ritandukira ihame rya demokarasi, barusaba kuyatesha agaciro, akongera agategurwa.

Union Sacrée tariki ya 5 Mutarama 2024 yatangaje ko aya matora yubahirije ihame rya demokarasi, bityo ko CENI ikwiye gutangaza umukandida watowe by’ukuri n’abaturage.

Uru rukiko rwagejejweho iki kirego tariki ya 3 Mutarama 2024. Kuva uwo munsi rwari rufite iminsi 10 yo kugaragaza umwanzuro warwo, mbere y’uko ibyavuye mu matora bitangazwa burundu, cyangwa se bigateshwa agaciro.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img