31.7 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomeImikinoRugangura Axel wakiriye amakuru yavuze ko umukino wa Bugesera FC na Rayon...

Rugangura Axel wakiriye amakuru yavuze ko umukino wa Bugesera FC na Rayon Sports mu Gikombe cy’Amahoro warangiye ahishura ikipe izakomeza

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umunyamakuru wa RBA, Rugangura Axel, yavuze ko yakiriye amakuru avuga ko umukino wa 1/2 wo kwishyura uhuza Bugesera FC na Rayon Sports mu Gikombe cy’Amahoro, warangiriye hanze y’ikibuga. 

Yashimangiye ko ku rwego rwa 95%, Gikundiro itsinda, ikazakina umukino wa nyuma. 

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwitegura umukino wo kwishyura wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro izasuramo Bugesera FC, yagaruye myugariro Bugingo Hakim na Mitima Isaac bari bamaze imikino ibiri badakina kubera imvune. 

Aba bakinnyi bakoranye n’abandi imyitozo ya nyuma yabaye ku wa Mbere, tariki 22 Mata 2024 mu Nzove. 

Gikundiro ikomeje kwitegura Bugesera FC mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro uteganyijwe ku wa Kabiri, tariki 23 Mata 2024 saa 15:00 mu Karere ka Bugesera. 

Umukino ubanza Bugesera FC yatsindiye Rayon Sports i Kigali igitego 1-0 cya Ruhinda Farouk. 

Nyuma y’imyitozo, Umutoza wa Rayon Sports, Julien Mette yatangaje ko intego ari ukwegukana iki gikombe, asaba abafana kuzaherekeza ikipe ari benshi. 

Yagize ati “Kuva nagera aha natoje imikino itanu hanze ya Kigali kandi nayitsinze yose. Ndifuza kujyana iyi kipe ku mukino wa nyuma kandi nkegukana igikombe kuko gukora ayo mateka mu ikipe y’abafana ni ingenzi kuri njye. Turabakeneye. Nibaze kuko dufite inshingano zo kubaha ibyishimo.” 

Kwinjira kuri uyu mukino ni 3000 Frw ahasanzwe, ibihumbi 10 Frw ahatwikiriye ndetse n’ibihumbi 20 Frw mu myanya y’icyubahiro. 

Aya makipe kandi aheruka guhura mu mpera z’icyumweru mu mukino w’umunsi wa 27 shampiyona, warangiye Gikundiro yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1. 

Rayon Sports iri gushaka uko yakwisubiza iki gikombe yegukanye umwaka ushize w’imikino itsinze mukeba APR FC igitego 1-0 cya Ngendahimana Eric, mu gihe Bugesera FC ishaka gukora amateka yo kugera ku mukino wa nyuma ku nshuro ya mbere mu mateka. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here