29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeUrukundoRusizi: Umusore birakekwa ko yiyahuye kubera umukobwa yamubenze, agasiga yanditse ibaruwa yashenguye...

Rusizi: Umusore birakekwa ko yiyahuye kubera umukobwa yamubenze, agasiga yanditse ibaruwa yashenguye imitima ya benshi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umusore witwa Ishimwe Ramazani wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, wari ufite imyaka 24 y’amavuko, birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi, nyuma y’uko umukobwa amwanze kubera ko nawe afite undi mukunzi. 

Nk’uko amakuru abivuga umurambo w’uyu musore wari ukiri muto wabonywe mu mugozi yapfuye, ariko ngo yari yasize yanditse urwandiko rusa n’urusobanura impamvu yahisemo kwiyambura ubuzima. 

Uru rupapuro yanditse yavugaga ko kubengwa n’uwo mukobwa yakundaga bingana no gupfa akaba ariyo mpamvu bikekwa ko yaba yiyahuye. 

Muri iyo baruwa Ishimwe Ramadhan yabanje kwandika, yanditse yibaza impamvu agerageza gukunda ariko ntibimuhire, ndetse n’ibindi ageragezamo amahirwe ntibimukundire.  

Amakuru ahari ni uko yakundaga uwo mukobwa cyane, ndetse ngo no mu minsi yashize yari aherutse kumwereka papa we. 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama Bacabaseme Jean Claude yavuze ko saa tatu n’igice za mugitondo ari bwo bamenye ko Ishimwe yimanitse mu mugozi.  

Ati “Yasize agapapuro avuga ko yiyahuye kubera umukobwa wamubenze. Uwo mukobwa ni we wamubonye bwa mbere”. 

Icyakora hari andi makuru avuga ko uwo mukobwa yakundaga nawe yari afite undi musore akunda uba mu Mujyi wa  Kigali.  

Ubuyobozi bugira inama abakundana ko mu gihe hagize uwanga undi, umuti atari ukwiyahura, kuko aba ashobora kubona undi bakundana. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here