25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeAndi makuruRwanda: Ababyeyi bafungiye mu magororero bagiye kujya bahabwa ifunguro ryihariye

Rwanda: Ababyeyi bafungiye mu magororero bagiye kujya bahabwa ifunguro ryihariye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimama Jean Claude, yatangaje ko mu iteka rigenga amagororero ririmo gutegurwa hateganyijwemo amabwiriza azagenera ifunguro ryihariye abagore batwite, abonsa n’abandi bafite intege nke baba bari mu bigo bigororerwamo abantu by’igihe gito.

Yabibwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 31 Mutarama 2023, ubwo baganiraga kuri Raporo y’Ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.

Ni raporo igaragaza ko abagore bonsa n’abatwite mu bigo bigororerwamo abantu by’igihe gito bakwiye kugira umwihatiko wo kwitabwaho kubera impamvu z’ubuzima bwabo b’ubw’abana babo.

Uyu munsi kandi Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yahawe ibisobanuro ku bibazo byagaragajwe muri raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu bifitanye isano n’imibereho y’abafite ubumuga, imicungire y’ibigo binyurwamo by’igihe gito n’ibindi

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu igaragaza ko HVP Gatagara, Ishami rya Ruhango yakira abafite ubumuga bagera ku 120% by’abateganYirijwe kubayo

Igaragaza kandi ko abagore bonsa n’abatwite mu bigo bigororerwamo abantu by’igihe gito bakwiye kugira umwihariko wo kwitabwaho kubera impamvu z’ubuzima bwabo n’ubw’abana babo

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimama Jean Claude, yavuze ko Leta yatangiye gukemura ibi bibazo, aho uyu mwaka ingengo y’imari igenerwa abafite ubumuga yiyongereye

Yatanze icyizere ko MINALOC igiye gusuzuma niba HVP Gatagara, Ishami rya Ruhango ryateganyirijwe gufasha abana bafite ubumuga ariko bataha mu miryango yabo, bahabwa serivisi bagenerwa zose.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img