37.4 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeTurakomeza kurinda abaturage! M23 yagize icyo ivuga ku gitero cya FARDC muri...

Turakomeza kurinda abaturage! M23 yagize icyo ivuga ku gitero cya FARDC muri Rwindi nahandi »Inkuru irambuye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

None tariki ya 15 Gicurasi 2024; Ingabo za Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (FARDC) zagabye igitero kuri M23 mubice byo muri Teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi bitero FARDC yabigabye muduce dutuwe cyane n’abaturage benshi duherereye muri teritware ya Rutshuru, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka yavuze ko ibi bitero bya FARDC byibasiye Abaturage bo mu gace ka Kikuku, Kibirizi, Vitshumbi, Rwindi no mu duce dukikije aho hafi.

Kandi avuga ko ibyo bitero ko byagabwe n’ingabo zirimo iz’u Burundi, FDLR, FARDC Abancancuro, Wazalendo na SADC.

Kanyuka watanze ubu butumwa akoresheje urukuta rwe x yahoze yitwa Twitter, yahamagariye imiryango mpuzamahanga n’imiryango ikora mu butabazi kugira icyo bakora kuko ibyo bitero bya FARDC bikomeje kugira ingaruka mbi abaturage.

Yagize ati: «Ihuriro ry’imitwe ya politiki n’igisirikare rya (AFC), rira hamagarira akarere, abafatanyabikorwa mpuzamahanga n’imiryango ikora mu butabazi kugira ngo barebe uburemere bw’ibitero bya FARDC bikomeje kwibasira abaturage. »

Ubu butumwa busoza buvuga ko ingabo z’impinduramatwara za ARC ziri kurwana mu buryo bwo kurinda abaturage ba basivile no kurinda ibyabo.

Ibyo bitero bibaye mu gihe ku munsi w’ejo hashize iri huriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ryari ryagabye ibitero muri kamwe muri utu duce twongeye kugabwamo ibitero ka Kikuku, maze birangira m23 yirwanyeho, iza no gusubiza inyuma ibyo bitero.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here