25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeUbutumwa bwa Perezida Bertrand Bisimwa bwakoze ku mitima ya benshi! Umwaka mwiza...

Ubutumwa bwa Perezida Bertrand Bisimwa bwakoze ku mitima ya benshi! Umwaka mwiza wa 2024

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Perezida Bertrand Bisimwa yashyize umukono ku itangazo ry’ifuriza umwaka mushya mwiza abaturage baturiye uduce twose Ingabo za ARC/M23 bagenzura kandi banabaha isezerano.

Nkuko tuza kuribereka ku mugereka w’iyi nkuru, iri tangazo riragira riti: «Umwaka wa 2023 urarangiye maze ubu twinjiye mu mwaka mushya wa 2024. Umutwe wa M23 wifurije abaturage bose kubona ibyiza n’amahoro arambye, guhirwa no gutunganirwa».

Muri iri tangazo Perezida Bisimwa akomeza agira ati:

«Intego yacu nyamukuru n’ukubona uburyo mubaho mu mahoro, haba mwiterambere ndetse no mubundi buzima busanzwe bwa buri munsi. »

Bwana perezida w’u mutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, yakomeje avuga ibyo abaturage baturiye uduce bagenzura bamaze kugeraho muri ibi bihe bitoroshye.

Ati: «Amashuri yarafunguye, ku banyeshuri biga ku mashuri abanza na Ayisumbuye ndetse naza Kaminuza.  Kubasenga nabo Amakanisa arafunguye muburyo bwose, nk’uko byahoze».

Agaruka kubikorwa by’iterambere, yavuze ko amasoko n’inganda aho baherereye birimo gukora mu rwego rwo kugira ngo abaturage ba beho neza.

Bertrand Bisimwa, yasezeranyije abaturage kuzabashakira Umutekano mwiza.

Ati: «Ubujura, ibijyanye n’ibibangamira ubuzima bwa baturage ibyo tuzabirwanya mu buryo bwose, mubice tugenzura no mubindi biri mbere. »

Perezida Bisimwa yasoje itangazo rye amenyesha perezida Félix Antoine Tshisekedi, n’abo bakorana, ko leta Zunze ubumwe z’Amerika zamutegetse ko akwiye kurangiza intambara mu Burasirazuba bwa RDC.

Bertrand Bisimwa uyobora umutwe witwaje intwaro wa M23
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img