23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeIbyamamareUganda: Pasiteri Bugingo Aloysius ushyigikiye ishyaka rya NRM riri kubutegetsi yarashwe

Uganda: Pasiteri Bugingo Aloysius ushyigikiye ishyaka rya NRM riri kubutegetsi yarashwe

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umuvugabutumwa ukomeye cyane muri Uganda, Pasiteri Bugingo Aloysius yihutanwe mu bitaro bya Mulago nyuma yo kuraswa n’abantu bitwaje intwaro i Kampala mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Mutarama 2024.

Uyu muvugabutumwa akimara kuraswa yahise yihitanwa ku bitaro by’igihugu by’icyitegererezo bya Mulago i Kampala.

Pasiteri Bugingo Aloysius yarashwe n’abantu n’abantu bitwaje imbunda batamenyekanye, ariko ubuzima bwe ntibukiri mu kaga.

Abayobozi basuye Bugingo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri bavuze ko “yamaze guhabwa imiti” bashimangira ko: “Ubu arikwitabwaho kandi ntakibazo afite.”

Bugingo, umuyobozi w’inzu y’amasengesho ya Ministries International, yarasiwe hafi ya sitasiyo ya lisansi ya Total muri Namungoona, mu Karere ka Wakiso.

Yahise ajyanwa i Mulago amerewe nabi ariko abaganga bashoboye kumuturisha nkuko bitangazwa na Chimpreports dukesha iyi nkuru. Abayobozi ba polisi bavuze ko bari batangiye guhiga abakoze icyo cyaha.

Abayobozi bakuru ba guverinoma,abapadiri,abayisilamu mbere batewe n’abantu bitwaje imbunda mu bice bitandukanye by’igihugu .

Pasiteri Bugingo ashyigikiye byimazeyo umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi (NRM) akaba na Perezida, Yoweri Museveni.

Bugingo kandi ni umuyobozi w’itsinda ry’ibitangazamakuru rya Salt Media Group, buri gihe akoresha imiyoboro ye mu kunegura abatavuga rumwe n’ubutegetsi ari nako akusanya inkunga yo gushyigikira Museveni n’umuhungu we ushobora kuzamusimbura, Gen Muhoozi Kainerugaba.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img