37.4 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAndi makuruUmugabo yasanze umugore we bari kumusambanyiriza mu gihuru bimuviramo kuhaburira ugutwi

Umugabo yasanze umugore we bari kumusambanyiriza mu gihuru bimuviramo kuhaburira ugutwi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umugabo wo mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango yafashwe asambanyiriza umugore w’abandi mu gihuru, ahita aruma igice cy’ugutwi k’umugabo we witwa Rudasingwa Jean d’Amour wari ubafashe. 

Nk’uko TV1 dukesha iyi nkuru yabitangaje kuri ubu Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi uyu mugabo wajyanye mu gihuru umugore wa mugenzi we kumusambanya ndetse akagereho kuruma nyiri umugore ugutwi. 

Rudasingwa Jean d’Amour yabwiye TV1 ati “Njyewe nabafatiye mu rutoki bari gusambana, dutangira kurwana. Andumye natabaje umuntu araza aramfata, uwantabaye anyegeka ku mukingo, undi ahita asubira inyuma anduma ugutwi agukuraho aragucira.Icyo nifuza nuko ubuyobozi bwandenganura.” 

Umwe mu baturage yagize ati “Ibaze umubyeyi uhetse uruhinja rutaragira amezi ane ngo aje kwirirwa agaramye aha. Uretse inkuba yamukubitira aha.” 

Abaturage bari aho byabereye bavuze ko ugutwi kwaciwe bakubuze, bati “Twagushatse twakubuze.” 

Uyu mugabo warumwe ugutwi yari apfutse ubwo yatangazaga uko byagenze ngo ahure nako kaga. Mu gihe Umuyobozi w’Umurenge wa Kabagari, yemeje ko yafashwe ashyikirizwa RIB ndetse ko ibyo aba bapfuye biri gukurikiranwa n’uru rwego. 

Uwasambanyije uyu mugore ngo yangiritse isura nyuma yo kujyanwa ku kagari, akamenagura ibirahuri n’umutwe ashaka gutoroka bikamubaga mu isura akava amaraso. Mu gihe abaturage bari aho aya mahano yabereye bakomeza gushakisha igice cy’uku gutwi kwabuze. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here