33.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeImyidagaduroUmuhanzikazi Shebaah Karungi yashyize umucyo ku makuru amaze iminsi avugwa ko atwite

Umuhanzikazi Shebaah Karungi yashyize umucyo ku makuru amaze iminsi avugwa ko atwite

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Shebaah Karungi uzwi nka Queen Sheebah ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda birakwirakwiza ko yaba atwite, ariko uyu muhanzi we arabihakana. 

Ibitangazamakuru byo muri icyo gihugu byatangaje ko amakuru ava ku muntu uzi neza Sheebah Karungi yemeza ko nta gitaramo na kimwe ateganya kuzaririmbamo kugeza muri Nzeri na nyuma yo kubyara. 

Nubwo aya makuru akomeza kugenda avugwa ariko uyu muhanzikazi we arabihakana akavuga ko uko bamubona bagatekereza ko yaba atwite atari byo ko ari ukubera umubyibuho. 

Nubwo abantu benshi bamaze iminsi bihwihwisa ko uyu muhanzikazi atwite, bije nyuma y’amagambo yatangaje avugako ntakimwirukansa kugira ngo abayare, kandi yagite ati “mvira mu ntanga, nzabikorera igihe nzaba nafashe umwanzuro” asubiza umunyamakuru. 

Kuva yabitangaza ntabwo arahabwa agahenge n’abakunzi be. 

Ubwo yabitangazaga mu mwaka wa 2022 mu mashusho yagaragaye yagize ati: “sinshaka gushyingirwa, sinshaka ku kubeshya”abwira umunyamakuru. 

Yabajijwe niba afite gahunda yo kuzabyara atarongowe, yasubije ko ku bwe yizera ko hari umugabo uhari utekereza nkawe kandi ko igihe baba bahuye bazagira gahunda. 

Yakomeje avuga ko azabona umugabo umwumva kandi witeguye kuhaba ku bwe, ashimangira ko hari abagabo badashaka gushyingirwa ariko bakunda abagore babo n’iyo baba baratandukanye na bo.  

Ati: “Buri mugore afite umugabo agenewe kandi najye hari umugabo umeze nkanjye uzantwara.” 

Yavuze ko akenshi abantu bakunda kwibasira ibyamamare bibaza igihe bizabyarira, asaba  ko bakwiye kureka icyo gitutu  abagore bakihitiramo igihe cyo kubyara.  

Yavuze kandi ko abavuga baba batazi ibyo bari gucamo, ko atari urugamba rwabo cyane ko hari n’igihe aba amaze n’imyaka 40 agerageza. 

Ku bwe, ibyo ni ibibazo byoroshye bitagomba kubazwa abantu utazi kuko utamenya icyabuza umuntu gushaka cyangwa kubyara. 

Yavuze ko bishobora kuba bidashoboka kubyara cyangwa gushyingirwa. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here