29.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeIbyamamareUmushoferi wa Anthony Joshua agiye kuburanishwa ku mpanuka yahitanye inshuti ze, uyu...

Umushoferi wa Anthony Joshua agiye kuburanishwa ku mpanuka yahitanye inshuti ze, uyu mukinnyi ayikomerekeyemo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

 

Umugabo witwa Adeniyi Mobolaji Kayode, wari usanzwe ari umushoferi w’icyamamare mu iteramakofe Anthony Joshua, agiye kuryozwa n’ubutabera ku byaha ashinjwa byakomotse ku mpanuka y’imodoka yahitanye abantu babiri, ikanakomerekeramo uyu mukinnyi w’Umwongereza.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 2 Mutarama 2026, Polisi yo muri Nigeria yatangaje ko Kayode w’imyaka 46 yamaze gushyikirizwa ubutabera, nyuma y’iperereza ryakozwe ku mpanuka yabaye ku wa 29 Ukuboza 2025.

Iyo mpanuka yabereye mu gace ka Ogun, hafi y’Umujyi wa Lagos, ubwo imodoka bari barimo yagonganaga n’ikamyo yari mu muhanda. Polisi ya Nigeria, mu kiganiro yagiranye na BBC, yemeje ko iperereza ryagaragaje ko impanuka yatewe n’imiyoborere mibi y’iyo modoka, ari na yo mpamvu dosiye ya Kayode yahise ishyikirizwa ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Kayode akurikiranyweho ibyaha birimo gutwara nabi bigateza urupfu, gutwara imodoka nta ruhushya rubimwemerera, ndetse no gutwara atabyitayeho.

Biteganyijwe ko uyu mushoferi azitaba urukiko ku wa 20 Mutarama 2026, aho azatangira kuburanishwa kuri ibi byaha.

Ku ruhande rwa Anthony Joshua, yarokotse iyi mpanuka ariko ayikomerekeramo bidakabije. Yavuwe mu bitaro, ubu akaba ari kwitabwaho n’abaganga iwe mu rugo.

Abaguye muri iyi mpanuka ni Kevin Latif Ayodele na Sina Ghami, bari inshuti magara ndetse n’abatoza ba Anthony Joshua, bakaba bari bamaze imyaka irenga 10 bakorana na we. Iyi mpanuka yasize icyuho gikomeye mu muryango w’uyu mukinnyi n’isi y’iteramakofe muri rusange.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here