37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeImikinoUmutoza wa Tottenham yasubije abafana bayo bamusabye kwitsindisha ngo Arsenal idatwara igikombe

Umutoza wa Tottenham yasubije abafana bayo bamusabye kwitsindisha ngo Arsenal idatwara igikombe

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umutoza wa Tottenham, Ange Postecoglou,yatangaje ko bafite gahunda yo gutsinda Man City kuri uyu wa Kabiri bakayitesha igikombe. 

Uyu yavuze ko nta gahunda bafite yo kumvira abafana bayo basabye ko iyi kipe yatsindwa kugira ngo mukeba wayo Arsenal idatwara igikombe. 

Postecoglou yagize ati: “Uramutse ugiye ku mbuga nkoranyambaga, 99% mubazikoresha bashaka ko Spurs itsindwa na Man City… ariko ntumbwire ko ariyo si yawe.Niba aribyo, ukeneye inama. 

Nemera ubukeba ariko sinzigera numva umuntu ushaka ko ikipe ye itsindwa”. 

Yakomeje ati:”Ejo hari umukino w’umupira w’amaguru. Utekereza ko bizagenda bite? Utekereza ko tuzakora iki nk’ikipe? 

“Kimwe n’ikipe iyo ari yo yose ku isi,ntituzagerageza gutsinda gusa? Ni ibintu byoroshye, byibanze. 

Sinshaka kumva umuntu wese utekereza ko tuzajya mu kibuga tugakora ikindi usibye kugerageza gutsinda umukino ufite ibisobanuro 

Ni gute tuzahinduka ikipe itsindira ibikombe niba tudatsinze imikino ikomeye, niba tuyitinye?” 

Uyu abajijwe ku kuntu abona Tottenham,Yagize ati: “Igihe icyo ari cyo cyose ugiye gukina na Man City, cyane cyane iyo shampiyona iri kurangira baba ari beza cyane,aba ari ihangana rikomeye. 

Buri gihe biba bigoye gutsinda ariko ibyo ni ibintu bishimishije.” 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here