37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeUrugo rw’umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko rwagabweho igitero rusakwa amasaha agera kuri atanu

Urugo rw’umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko rwagabweho igitero rusakwa amasaha agera kuri atanu

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ku munsi w’ejo ku wa Kabiri tariki ya 19 Werurwe 2024, abashinzwe iperereza bo muri Afurika y’Epfo  bagabye igitero ku rugo rwa Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Nosiviwe Mapisa-Nqakula, mu rwego rwo gukora iperereza kuri ruswa. 

Mapisa-Nqakula umaze igihe kirekire mu ishyaka ANC (African National Congress) yabaye minisitiri w’ingabo muri Afurika y’Epfo kuva 2012 kugeza 2021. 

Inteko Ishinga Amategeko mu itangazo ryayo yongeyeho ko gusaka mu rugo rwe byamaze amasaha atanu nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga. 

Iki gikorwa cy’Ubuyobozi bushinzwe Ubugenzacyaha bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubushinjacyaha (NPA) gifitanye isano n’iperereza rikomeje gukorwa ku byaha bya ruswa byaba byarakozwe na Mapisa-Nqakula igihe yari minisitiri w’ingabo nk’uko inteko ishinga amategeko yabitangaje mu itangazo ryayo. 

Umunyamakuru wa Televiziyo ya Leta ya Afurika y’Epfo, SABC, yatangaje ko Mapisa-Nqakula utuye i Johannesburg, akekwaho kwakira miliyoni z’amafaranga akoreshwa muri iki gihugu (rands) nka ruswa yatanzwe n’uwahoze ari rwiyemezamirimo ukorana n’igisirikare igihe yari minisitiri w’ingabo. 

Inteko ishinga amategeko yagize iti: “Perezida w’Umutwe w’Abadepite akomeje gushimangira kuba umwere kwe, kandi yemeza ko ntacyo afite cyo guhisha”. 

Yaba inteko ishinga amategeko cyangwa NPA, nta bisobanuro birambuye ku iperereza cyangwa ku byaha bya ruswa bivugwa. Ntibirasobanuka neza niba hari ibirego aregwa. 

Mapisa-Nqakula umaze igihe kirekire mu ishyaka ANC (African National Congress) yabaye minisitiri w’ingabo muri Afurika y’Epfo kuva 2012 kugeza 2021.
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here