24.7 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomeUbutaberaUrupfu rw’umugore w’ikizungerezi wishwe mu buryo bwa kinyamaswa n’umugabo we w’umudiyasipora yashenguye...

Urupfu rw’umugore w’ikizungerezi wishwe mu buryo bwa kinyamaswa n’umugabo we w’umudiyasipora yashenguye imitima ya benshi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru y’akababaro yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yemeza ko umudamu witwa Taiwo ukomoka muri Nigeria yishwe n’umugabo we babanaga mu Bwongereza. 

Uyu mugabo witwa Olubunmi Abodunde yari amaze imyaka 2 aba mu gihugu cy’Ubwongereza, nyuma aza guhamagara umugore we ngo babane. 

Gusa amakuru avuga ko ubwo bari bakiri muri Nigeria uyu mugabo yakundaga gukubita no gutoteza umugore we amuziza ko amuca inyuma. No mu bwongereza byaje gukomeza gutyo. 

Umugore ubwo yari ageze mu bwongereza yakunze kugirana amakimbirane n’umugabo we bapfa gukoresha amafaranga nabi, ndetse bapfa ko umugore amuca inyuma. 

Nyuma umugabo yaje gukubita umugore amusatura umunwa, icyo gihe police yaje muri urwo rugo umugore ahatwa ibibazo, abazwa uko byagenze, gusa umugore ahisha ukuri avuga ko ari impanuka yagize. 

Bucyeye nibwo umugabo yamenye ko umugore we yongeye kumuca inyuma, bararwana bigera aho umugabo amukubita sket mu mutwe ahita apfa. 

Inzego z’umutekano mu Bwongereza zatangaje ko zataye muri yombi uyu mugabo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here