32.7 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeWazalendo yasubiranyemo? Imirwano hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo yavanye benshi mu byabo

Wazalendo yasubiranyemo? Imirwano hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo yavanye benshi mu byabo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Imitwe ibiri y’inyeshyamba ibarizwa mu biswe Wazalendo, (APCLS ya Janvier Karahiri na UPCRN ya Kagiri) yarwaniye muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi, bituma abaturage benshi bata ibyabo barahunga. 

Iyi mirwano yabereye kuri uyu wa Gatanu mu misozi ya Buyagu, Bishanga, Kalambiro ikikije uduce twa Kashenda na Bweremana bituma abaturage b’abasivili bahatuye bata ibyabo nk’uko byemezwa n’abanyamakuru bakorera mu burasirazuba bwa Congo. 

Amakuru amwe avuga ko iyo mirwano hagati y’izi nyeshyamba, zisanzwe zifatanya na leta kurwanya M23, yatewe no kutumvikana kuri bariyeri yishyurizwaho imisoro itemewe. 

Itsinda ry’abavuga ko bagizweho ingaruka n’intambara ya M23 ryahamagariye impande zombi gutuza no kubungabunga inyungu z’igihugu, rirahamagarira FARDC gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo uwo bita umwanzi atacyungukiramo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img