29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeYobeluo Corneille Nangaa yahawe inshingano muri AFC iherutse kwiyunga kuri M23

Yobeluo Corneille Nangaa yahawe inshingano muri AFC iherutse kwiyunga kuri M23

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Yobelluo Corneille Nangaa wigeze kuyobora komisiyo y’amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri ubu yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo rimaze igihe gito ritangirijwe muri Kenya.

Iri huriro kandi rihuriyemo imitwe ya politiki n’iya gisirikare irwanya ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi.

Itangazo ryasohowe na M23 muri iki gitondo cyo kuwa Gatatu, rivuga ko uyu mutwe wemeye kwiyunga kuri AFC no kwifatanya n’abandi kuko bizabafasha gukomeza impinduratwara yo kuvanaho ubutegetsi bw’ibibazo n’ubwicanyi bwa Tshisekedi «bwica abaturage babwo bugahatira abandi benshi guhitamo kujya mu buhungiro cyangwa kubaho nk’abasabirizi. »

Itangazo rikomeza rigira riti: «Ku bijyane n’Ubuhuzabikorwa dufatanyije twahisemo bwana Corneille Nangaa Yobeluo» ibi ni ibyatangawe na M23 muri iryo tangazo nyine; ikomeza ivuga ko babonye ari umuntu witeguye gusiga byose akitangira kubohoza igihugu.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img