31.7 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomeImikinoIbyihebe bya IS byateguje kugaba ibitero ku bibuga bikinirwaho 1/4 cya UEFA...

Ibyihebe bya IS byateguje kugaba ibitero ku bibuga bikinirwaho 1/4 cya UEFA Champions League

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umutwe w’iterabwoba wa Islamic state wasohoye inyandiko ivuga ngo ’Bice Bose’ iherekejwe n’urutonde rw’ibibuga by’umupira w’amaguru byose bizakinirwaho 1/4 cya UEFA Champions League uzagabaho ibitero.  

Umutwe w’iterabwoba uzwi ku izina rya Leta ya Kisilamu, cyangwa ISIS, watangaje ko uzagaba ibitero ku mikino ikomeye ya kimwe cya kane cy’irangiza cya UEFA Champions League. 

Mu nyandiko wasohoye ibinyujije mu bitangazamakuru byawo, wagaragaje ko ugaba ibitero kuri sitade ya Emirates, Parc de Prince ya Paris SG, hamwe n’ibibuga bya Santiago Bernabéu na Metropolitano i Madrid.  

Ifoto irimo amagambo ngo”Bice Bose”, hamwe n’umuntu w’umukara ufashe imbunda. 

Nubwo hari imikino n’ibibuga byibasiwe na ISIS mbere, uyu mutwe ntuzwiho guteguza ibitero byawo hakiri kare, ahubwo uhitamo aho ugaba ibitero mu birori rusange ukabikora bitunguranye. 

Umuvugizi wa Arsenal kuri ibi yagize ati: “Dukorana neza cyane na Met Police ku bijyanye n’umutekano w’abafana ndetse n’abakozi bose kuri Stade ya Emirates ku mikino yose. Uko twateguye umukino wo kuri uyu mugoroba ntaho bitandukaniye kandi uburyo bwacu bwo gukorana na Polisi na UEFA buri hejuru mu Bwongereza. “ 

Kuri uyu wa kabiri nibwo hakomeza imikino ya 1/4 cya UEFA Champions League aho Arsenal yakira Bayern Munich mu gihe Real Madrid yakira Man City. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here