29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeByifashe bite mu bice bigenzurwa na M23 ugereranyije n’ibigenzurwa na FARDC?

Byifashe bite mu bice bigenzurwa na M23 ugereranyije n’ibigenzurwa na FARDC?

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Hakomeje kugaragara itandukaniro rikomeye mu bice bigenzurwa na M23 n’ibindi bice bigenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zifasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu ntara ya Kivu  y’majyaruguru ho mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Kuri uyu wa 12 Mata 2023, haravugwa agahenge n’ituze mu bice bigenzurwa na M23 muri teritwari za Masisi, Rutshuru na Nyiragongo. 

Muri ibi bice kandi, Abahatuye bo muri teritwari ya Rutshuru, bavuga ko kuva M23 yabigeramo nta  bikorwa by’urugomo bikiharangwa nk’uko byari bimeze mbere bikigenzurwa na FARDC  cyo kimwe n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye irimo Mai Mai, Nyatura na FDLR. 

Kubigendanye n’imirwano yari imaze iminsi ivuza ubuhuha muri tetwari ya Masisi, amakuru avuga ko hashize iminsi ibiri yose mu bice  nka Ishasha, n’imisozi iri mu nkengero za Sake ndetse n’ibice byo muri Grupema ya Mupfunyi/Shanga, ubu hari agahenge, n’ubwo iby’imirwano bishobora guhinduka isaha iyo ari yo yose. 

Ku rundi ruhande, ibice bigenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zifasha FARDC kurwana na M23 byumwihariko mu mujyi wa Goma, haruvugwa urugomo rukabije. 

Ubwicanyi bwa hato na hato bukomeje gufata indi ntera ndetse bamwe mu bahatuye batangiye kwimukira mu mujyi wa Rubavu kubera ubwicanyi bukomeje kwibasira umujyi wa Goma. 

Abarwanyi bo mu mutwe wa Wazalendo n’abasirikare bagiye ku rugerero, nibo bashyirwa mu majwi kuba inyuma y’ubu bwicanyi ndetse  bagashinjwa kwijandika mu bikorwa by’ubujura no kurasa abaturage  b’abasivile kandi ngo kenshi babikora biturutse ku biyobyabwenge baba banyweye. 

Mu gihe kitarenze icyumweru  kimwe mu mujyi wa Goma, hamaze kwicwa abantu barenga  icumi bishwe na Wazalendo. 

Mu Ijoro ryo ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, hishwe abantu batatu, ndetse no mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2024, hishwe abandi bantu batatu aba bose bakaba barishwe barashwe na Wazalendo. 

Icyakora cyo Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, bwagaragaje abantu bafashwe n’inzego zishinzwe umutekano, buvuga ko abafashwe ari bamwe mu bagira uruhare mu bwicanyi bukomje kwibasira umujyi wa Goma. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here