23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeMu mugi wa Goma hateguwe imyigaragambyo ikomeye–AFC/M23 haricyo babivugaho» Inkuru irambuye

Mu mugi wa Goma hateguwe imyigaragambyo ikomeye–AFC/M23 haricyo babivugaho» Inkuru irambuye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umugi wa goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Kivu ya Ruguru, haravugwa imyigaragambyo yo gusaba ko ubuyobozi bw’intara bwa kwegura. Ibi ni nyuma yaho ubwicanyi bukorerwa abaturage bwonge gufata indi ntera.

Amakuru CorridorRepost ikesha abaturage batuye i Goma avuga ko, Iyi myigaragambyo yateguwe n’urubyiruko ndetse rwiganjemo na Sociyete Civile yo muri ibyo bice.

Bavuga ko iyo myigaragabyo izakorwa ku wa Gatatu  tariki ya 17 Mata 2024.

Iyi myigaragabyo izakorwa kugira ngo umuyobozi ku rwego rw’i Ntara, n’umuyobozi ku rwego rw’u Mujyi wa Goma, begure, kuko abaturage batishimiye ubwicanyi buri kubakorerwa abayobozi barebera.  Abaturage kandi  bavuga ko kandi bicwa na  Wazalendo bazwiho gukorana byahafi n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Iki Cyumweru turimo uhereye ku itariki ya 09 Mata 2024, kugeza uyu munsi, hamaze gupfa abantu bagera ku munani, aba bose bicwa barashwe na Wazalendo.

Kuwa Kane w’iki Cyumweru, hafashwe abasirikare batatu na Wazalendo babiri bashinjwa kugira uruhare mwiyicwa ry’abasivile bamaze igihe bicirwa muri Goma.

Benjamin Mbonimpa umuhuza bikorwa wa AFC/M23, yashinje ubuyobozi bwa leta ya Kinshasa, muri Goma kunanirwa gutanga umutekano no guhagarika ibikorwa bya Wazalendo byo kurasa abasivile mu ijoro.

Ibi Mbonimpa yabivuze akoresheje urubuga rwa x, aho yagize ati: “Abaturage barababaye kubera kubura ubuyobozi bushakira abaturage amahoro. Abayobozi nti bashoboye ngo bagire icyo bakora gifatika. Abaturage baracyarira kuko ubuyobozi ntacyo bushoboye.”

Ubu bwicanyi bwatangiye kuvugwa cyane umwaka ushize, ahagana mu mezi yo mu mpera z’umwaka. Ubu bwicanyi kuva mbere hose Wazalendo nibo bagumye gushyirwa mu majwi ko barinyuma y’imfu zimaze gutwara abantu babarirwa mu magana, mu gihe kingana n’umwaka n’amezi icyenda.

Umujyi wa Goma niwo murwa mukuru w’intara ya Kivu ya Ruguru, uri ku mupaka n’u Rwanda
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here