23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeAbaturage bariye karungu kubera umurambo w’umugore wiciwe mu mujyi wa Goma. Video

Abaturage bariye karungu kubera umurambo w’umugore wiciwe mu mujyi wa Goma. Video

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko mu gace kamwe ko mu mujyi wa Goma hagaragaye undi murambo, akaba ari umugore uri mu kigero cy’imyaka 60 yamavuko. 

Abarwanyi ba Wazalendo na FDLR nibo bari gushyirwa mu majwi ko aribo bari inyuma y’ubu bwicanyi bukomeje kwibasira umujyi wa Goma. 

Maisha RDC ducyesha aya makuru yatangaje ko uyu mubyeyi yagaragaye muri Quartier ya Kiziba ya mbere iherereye hafi n’itorero rya CELPA, uyu murambo ukaba wazamuye umujinya w’abantu benshi. 

Maisha RDC yagize iti“Basanze umugore yaguye i Kiziba, mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Mata 2024. Abantu baricwa burimunsi, abagore bafatwa ku ngufu ndetse abandi barashimutwa.” 

Impungenge z’ubwicanyi mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru zikomeje kuzamuka umunsi ku wundi. 

Ibi byatumye urubyiruko rwishyize hamwe na Sosiyete Sivili bategura imyigaragambyo iteganyijwe mu mpera z’icyumweru gitaha. 

Icyo izaba igamije ngo ni ukweguza ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru n’umujyi wa Goma bukomeje bukomeje kurangara kugeza ubwo ubwicanyi bukorwa na FDLR na Wazalendo ku bufasha bw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwafashe indi ntera. 

Kuwa Kabiri abantu bagera kuri batatu bishwe barashwe , bucyeye bwaho nabwo abandi batatu baricwa ndetse no kuri uyu wa Kane nabwo hicwa abandi babiri batewe amabuye. 

Uretse ubwicanyi buri muri Kivu y’Amajyaruguru by’umwihariko umujyi wa Goma, harimo kuvugwa umutekano mucye ushingiye ku bujura aho amadukaka y’abacuruzi yigabizwa n’ibisambo amanywa n’ijoro bikiyongera ku nzara irimo kuvuza ubuhuha mu baturage. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here