39.1 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeUrukundoUmukobwa yakoze ubukwe bw’igitangaza n’ifoto y’umukunzi we nyuma yuko amuhaye ubutumwa bwatumye...

Umukobwa yakoze ubukwe bw’igitangaza n’ifoto y’umukunzi we nyuma yuko amuhaye ubutumwa bwatumye benshi bacika Ururondogoro

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakara inkuru y’umukobwa witwa Vivian Chizoba, usanzwe ari umunyamuryango w’itsinda ryitwa “Igbo Rant” rikorera ku rubuga rwa Facebook, yashyize hanze amafoto y’ubukwe bwe, ariko yarafashwe asezerana n’ifoto y’umukunzi we, nyuma y’uko amubwiye ko ataraza mu bukwe bwe kubera ukuntu ahuze cyane. 

Amakuru avuga ko ubundi aba bakundaniye ku rubuga rwa Facebook, ndetse nyuma y’igihe kirekire bavugana bahita bafata umwanzuro ko bagiye gukora ubukwe.  

Uyu mukobwa akimara kwakira iyi nkuru ivuye ku mukunzi we, yaratunguwe cyane yibaza impamvu yatuma umusore bamaze iminsi bategura ubukwe yahunga ku munsi nyizina, ariko we akomeza imyiteguro nk’ibisanzwe. 

Umukobwa ntiyigeze acika intege habe na gato, dore ko ubwo yakiraga amakuru avuye ku mukunzi we amubwira ko ahuze cyane ku buryo ataza mu bukwe bwe, umukobwa yahise yegura ifoto ye iratunganywa nka zimwe zimanikwa mu mazu, aba ariyo ajyana nk’umugabo we, maze bakorana ubukwe abenshi bakomeje kwita ubw’igitangaza. 

Iyi nkuru itangaje igaragaza ubushake bukomeye uyu mugeni yari afite bwo gukora ubukwe, ndetse akagira no kwizera gukomeye ku musore yihebeye nubwo yamutengushye ku munsi w’ubukwe gusa yizera ko, urukundo rwabo rukomeje nk’ibisanzwe.  

Kuri ubu abantu bakomeje kigaruka kuri iyi nkuru bibaza koko niba uyu musore wabuze umwanya wo kwitabira ubukwe bwe azafata umwanzuro wo kubana n’uyu mukobwa. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here