25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeHarimo gucurwa umugambi karundura wo kweguza ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru na Goma

Harimo gucurwa umugambi karundura wo kweguza ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru na Goma

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Nyuma yuko bakomeje gushinjwa uburangare no kutita ku baturage bityo bikaba bibaviramo kwicwa, mu mujyi wa Goma harimo gucurwa umugambi wo kweguza abayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’uyu mujyi ukomeje kuba indiri y’abicanyi.  

Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko uyu mugambi wo kweguza abayobozi ukubiye mu myigaragambyo izatangira taliki 17 Mata 2024 yateguwe n’urubyiruko n’abarimo sosiyete sivile yo muri ibyo bice, nk’uko byavuzwe na baturiye i Goma.  

Aya makuru avuga ko iyi myigaragambyo izakorwa kugira ngo umuyobozi ku rwego rw’i Ntara, n’umuyobozi ku rwego rw’u Mujyi wa Goma, ‘begure. 

Ni mu gihe abasivile muri uyu mujyi wa Goma bakomeje kwicwa by’agashinyaguro na Wazalendo isanzwe ikorera mu kwaha kw’igisirikare cya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Ku wa Kane w’iki Cyumweru, hafashwe abasirikare batatu na ba Wazalendo babiri bashinjwa kugira uruhare mu iyicwa ry’abasivile 3 biciwe muri Goma. 

Mbere yaho gato nabwo abantu babiri barasiwe muri restaurant nabwo Wazalendo ishinjwa ubwo bugizi bwa nabi.Ku munsi w’ejo hashize nabwo habonetse abandi bantu babiri bishwe urwagashinyaguro nabwo bicyekwa ko Wazalendo yabikoze. 

Intara ya Kivu ya Ruguru, n’iya Ituri, zimaze imyaka zugarijwe n’ibibazo by’umutekano mucye byatumye leta ifata umwanzuro wo kuvanaho ubutegetsi bwa gisivile muri izi ntara hagashyirwa ubutegetsi bwa gisirikare ariko kuva bwajyaho ubwicanyi bwafashe indi ntera. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here