26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeAbatuye I Goma batashywe n’ubwoba budasanzwe nyuma y’iturika ridasanzwe ryabereye ku marembo...

Abatuye I Goma batashywe n’ubwoba budasanzwe nyuma y’iturika ridasanzwe ryabereye ku marembo y’uyu mujyi benshi bakwira imishwaro.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Mu mujyi wa Goma hatashye ubwoba budasanzwe nyuma y’iturika ry’imbunda ryabereye ku marembo y’uyu mujyi ufatwa nk’umurwa mu kuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ibi byabaye mu masaha yo ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2024, ubwo mu bice byerekeza ku isoko izwi kwizina rya ‘Alanine,’ mu Mujyi wa Goma, abacuruzi baho bakwiye imishwaro nyuma y’uko bari bumvise ibiturika by’amasasu. 

Amakuru avuga ko amasasu yarasiwe hafi no ku marembo yo kwa Perezida, maze abacuruzi biruka bagana mu mujyi rwagati. 

Kugeza ubu ntacyo inzego zibishinzwe ziratangaza ku cyaba cyatumye ayo masasu araswa, ariko bigakekwa ko haba habaye ukutumvikana hagati mu ngabo zikorera muri ibyo bice bigatuma zisubiranamo. 

Kimwe ho mu bice byo muri teritware ya Masisi, hiriwe imirwano ikaze, hagati y’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23. 

Ni imirwano ya bereye ahitwa i Nyakajaga n’ahitwa ku Nteko hafi no mu bice bya Kabaya, muri Gorupema ya Matanda, teritware ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ibi bice byabereyemo imirwano bikaba biri mu ntera y’ibirometre nka 40 uvuye mu mujyi wa Goma. 

Amakuru yizewe aturuka mu basirikare ba M23 avuga ko iyi mirwano yatangiye mu gitondo cya kare ikaba yagejeje ubu ku masaha y’umugoroba impande zombi zigihanganye nubwo Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ritigeze rishobora gusunika M23 na sentimetero imwe. 

Abo basirikare banatangaje ko bambuye ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ibice birimo Kajaga na Nteko. 

Iyi mirwano ibaye mu gihe MONUSCO yari yatangaje ko M23 ikomeje kuyja imbere ko ndetse ishobora gufata umujyi wa Goma ngo mugihe abo ku ruhande rwa leta bagira uburangare nk’ubwo basanganywe. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here