20.4 C
Africa
Vrydag, Junie 5, 2026
HomePolitikeAFC/M23 yahaye umukoro abaturage bose batuye mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru...

AFC/M23 yahaye umukoro abaturage bose batuye mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’amajyaruguru

Date:

Related stories

spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ihuriro, Alliance Fleuve Congo ribarizwamo M23 riramagana ubwicanyi buri gukorerwa muri Goma ufatwa nk’umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru, aho abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari aba Wazalendo bakomeje kwica abantu. 

Bamaganye Societe civille ihamagarira intambara nyamara ubwicanyi bukorerwa Goma bakaryumaho. 

Aba basabye abaturage ba Goma bose guhaguruka bakamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa muri uyu mujyi. 

Bahamagariye abaturage guhaguruka bakamagana ingabo za FARDC n’iza MONUSCO ziri i Goma. 

Ni nyuma yuko ku munsi w’ejo ku wa Gatatu, abantu batatu bishwe n’abantu bitwaje intwaro mu mujyi wa Goma abandi barakomereka. 

Ubu bwicanyi biravugwa ko bwakozwe n’urubyiruko rwahawe intwaro na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo ruyifashe kurwana na M23 ruzwi nka Wazalendo. 

Kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Mata, hari undi muntu wishwe arasiwe muri restaurant ahazwi nka Majengo mu mujyi wa Goma. 

Ibinyamakuru byatangaje ko uwarashe ashobora kuba ari umusirikare wa Leta uri mu mutwe w’abarinda Perezida. 

Abishwe bivugwa ko ari abantu bari bari mu modoka bavuye kubikuza amafaranga kuri banki. 

Nibura guhera uku kwezi kwa Mata gutangiye, abantu icumi bamaze kwicwa n’abitwaje intwaro nkuko Imiryango itegamiye kuri Leta muri Goma ibitangaza. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here