26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeAzarias Ruberwa yihenuye kuri AFC yaramaze iminsi avugwaho gushyigikira

Azarias Ruberwa yihenuye kuri AFC yaramaze iminsi avugwaho gushyigikira

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Azarias Ruberwa wigeze kuba Visi Perezida wa Leta ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo yanyimoje amakuru avuga ko ashyigikiye i Shyaka rirwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, rya AFC ndetse n’amakuru amaze iminsi avugwa ko yaba ari I Kigali.

Uyu mugabo ya nyomoje aya makuru mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru rya Top Congo FM. Muri icyo kiganiro bwana Azarias Ruberwa, yavuze ko kuri ubu aherereye i Washington DC, ko kandi yavuye muri RDC, Ku itariki ya 07 Ukuboza 2023.

Yagize ati: “Ntabwo ndi mu Burasirazuba bwa RDC kandi ntabwo ndi i Kigali, ahubwo ndi muri leta z’unze Ubumwe z’Amerika. Ndi hano mu bikorwa bisanzwe gufasha abavandimwe kandi nganira n’Abayobozi.”

Ku kibazo cy’uko yaba azi ivuka ry’umutwe wa Alliance Fleuve Congo, Ruberwa yasubije ko ntaho ahuriye n’uwo mutwe.

Yagize ati: “Reka da! nta cyo mbiziho rwose, nta n’umugambi wabyo cyangwa byibuze ngo mbyifuze.” Yongeye kubazwa ku kibazo cy’uko yaba akorana na Kigali?

Azarias, yavuze ko yigeze ho gukorana na Kigali mu bihe bya shize anagaragaza ko abantu bagomba guhinduka bakareka kurebera abantu mu mateka yatambutse. Ruberwa, yanenze abantu barebera abandi mundererwamo y’ibyatambutse.

Ati: “Hari ntambwe tugomba kurenga, kurebera abantu mu bihe byashize ni ikosa kandi kurebera abantu mu masura y’abo; ibyo ntacyo bifasha igihugu.”

Kuri M23, yabajijwe niba y’umva ko haba ibiganiro hagati ya M23 na leta ya Kinshasa. Aha yagize ati: “Mu gihe kuganira na M23 bya ba bifite umusaruro bitanga icyo gihe kuganira byaba aribyiza ariko nta musaruro bitanga byaba ari ntacyo bimaze.”

Ikibazo cya nyuma, yabajijwe niba ashyigikira perezida Félix Tshisekedi, watsinze amatora y’umukuru w’igihugu muri RDC? Azarias, yasubije ati: “Ku beriki se, nta mushyigikira? Ndi umuntu w’igihugu ntabwo nshyira amarangamutima yanjye imbere.”

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img