23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeBurundi: Hamenyekanye misiyo igiye guhabwa abahoze mu gisirikare n’imbonerakure bari guhabwa imyitozo...

Burundi: Hamenyekanye misiyo igiye guhabwa abahoze mu gisirikare n’imbonerakure bari guhabwa imyitozo ya gisirikare ikaze

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abahoze mu gisirikare hamwe n’imbonerakure zegamiye ku ishyaka riri ku butegetsi CNDD FDD, bizewe n’ubutegetsi bwa Evariste ndayishimiye, boherejwe mu Ishyamba rya “MUREHE” rihana imbibe n’u Rwanda, no mu duce twa lac Rweru na Cohoha, dutandukanya u Burundi n’u Rwanda, aho bari guhabwa imyitozo ya gisirikare. 

Aba bari guhabwa imyitozo ya gisirikare ni abo mu ntara ya Kirundo, aho Izo mbonerakure n’abahoze mu gisirikare bizewe n’ubutegetsi bwa Evariste Ndayishimiye batoranyijwe mu ntara za Kirundo, Karusi na Muyinga. 

Igikorwa nyamukuru bashinzwe, ni uguhiga bukware umuntu wese wo muri utwo duce ukekwaho kuvugana n’abo mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Rwanda, baba bavugana kuri téléphone, Whatsapp; n’izindi mbuga nkoranyambaga. 

Bivugwa ko uwo bazajya babona avugana n’umunyarwanda bazajya bamufata, bamuhagarike, abazwe igituma avugana n’abari mu gihugu gifitanye amakimbirane na leta y’u Burundi. 

Kugeza ubu Imiryango y’abamaze gufatwa, ifite ubwoba bw’ubuzima bw’ababo, kuko iyo bafashe abantu babo, batamenyeshwa iyo bafungiwe, cyangwa ngo babwirwe uko ubuzima bwabo buhagaze. 

Bivugwa ko bamwe mu bagize iyi miryango batangiye gutinya ko abantu babo bazicwa bagatorwa ari imirambo. 

Ababa muri iizo ntara bose basaba ko ibyo bintu byahagarara, bakareka abaturage bose b’u Burundi bakibera mu buzima busanzwe. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img