24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeUmutwe wa M23 yamaganye ubwicanyi ndengakamere bw’abasivile bwakorewe i Mweso bikozwe na...

Umutwe wa M23 yamaganye ubwicanyi ndengakamere bw’abasivile bwakorewe i Mweso bikozwe na FARDC. Amafoto

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri Kivu y’amajyaruguru haravugwa ubwicanyi bwakorewe abasivile I Mweso ku munsi w’ejo tariki 25 Mutarama 2024 bwakozwe n’ihuriro ry’ingabo za FARDC. 

Mu mafoto yagiye hanze agaragaza imibiri y’abarimo abana yashenjaguwe bikomeye n’igisasu biturutse ku mirwano ihanganishije M23 n’ingabo za leta FARDC n’abo bafatanyije.

Mu itangazo M23 yashyize hanze, yanyomoje amakuru yavugwaga n’urugande rwa leta rutishinja ko ariyo yishe abo bantu. 

M23 ibicishije ku muvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka yatanze ubutumwa igira iti: “Ubutegetsi bwa Kinshasa, bubinyujije ku muvugizi w’igisirikare cy’amajyaruguru ya Kivu, bwihutiye gutangaza itangazo rigenewe abanyamakuru kugira ngo bahakane ubwicanyi bwakorewe abaturage ba Mweso.” 

Yakomeje agira ati: “Abaturage bahohotewe barabyiboneye n’amaso. Ubutegetsi bw’i Kinshasa nibwo bwabikoze.  M23 yiyemeje rwose kurengera abaturage b’abasivili kandi ntizihanganira ibyo byaha bakorewe.” 

Umutwe wa M23 utangaza ko i Mweso hishwe abasivile 20 abandi 17 bagakomereka cyane.  

M23 ivuga ko ingabo za FARDC n’abo bafatanyije aribo bishe abo bantu, kubera kurasa mu bice bituwe n’abaturage nyuma yo kunanirwa gusubiza inyuma M23 ku mirongo y’urugamba. 

M23 yashinje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ubwicanyi bwibasira ubwoko bumwe, ibyaha by’intambara n’ibyaha byubasiye inyokomuntu. 

Uyu mutwe nahamagarira umuryango mpuzamahanga guhaguruka ukamagana ibiri gukorwa n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abo bafatanyije. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img