26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeAmakuruIbya Kazungu Denis byafashe indi ntera! Hari undi mukobwa yafashe kungufu

Ibya Kazungu Denis byafashe indi ntera! Hari undi mukobwa yafashe kungufu

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru avuga kurubanza rwa Denis Kazungu wemeye ibyaha birenga 10 birimo iyicarubozo, gusambanya ku ngufu, no kwica abagore benshi rwasubitswe none kuwa mbere kubera ikirego gishya.

Kuri uyu wa gatanu ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge niho hari hitezwe gutangira iburanisha ry’urubanza mu mizi rwa Kazungu.

Kazungu ntiyabonetse ku rukiko, umucamanza yafashe umwanya muto atangaza ko hari umukobwa utavuzwe umwirondoro wareze Kazungu ko yamusambanyije ku ngufu kandi akaba aregera n’indishyi.

Kazungu yafashwe mu kwezi kwa Nzeri (9) umwaka ushize aregwa kwica abagore 13 n’umusore umwe mu bihe bitandukanye, bamwe imibiri yabo yasanzwe aho yari atuye yarayihambye.

Ni imwe mu nkuru zavuzwe cyane mu Rwanda ndetse no mu karere.

Icyo gihe Kazungu yemeye ibyaha yarezwe, gusa abwira urukiko ko abo yishe yabishe kuko “banyanduje SIDA kandi babishaka”, urukiko rwamukatiye gufungwa by’agateganyo, ubusanzwe ni iminsi 30.

Gusa ubushinjacyaha bwasabye igihe ngo hakorwe iperereza ryimbitse no gushaka ibindi bimenyetso mbere y’uko urubanza mu mizi rutangira.

Umucamanza uyu munsi yavuze ko ashaka ko urubanza mu mizi ruhuzwa n’urundi rw’uwo mukobwa wareze Kazungu kumusambanya ku ngufu.

Ahita atangaza ko urwo rubanza rukomatanyijwe ruzatangira kuburanishwa kuwa gatanu utaha tariki 12 z’uku kwezi kwa Mutarama (1).

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img