26.5 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeIbyamamareNiwe uyobora Mahoro Peace! Menya Adel Kibasumba Umunyamulengekazi uzi kwirwanaho »Amafoto

Niwe uyobora Mahoro Peace! Menya Adel Kibasumba Umunyamulengekazi uzi kwirwanaho »Amafoto

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Adel Kibasumba, yavutse tariki ya 24 Mata 1989 muri Uvira ni Umunyamulenge, wo mu bwoko bw’Abatutsi, mu gihugu cya Republika ya Demokarasi ya Congo; aho yisanze we n’Ababyeyi be batuye I Mulenge muri Teritwari ya Fizi, Mwenga na Uvira ubwo nyine ni muntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Urebye ku mateka y’Abanyamulenge, usanga baratangiye kurwana intambara mu mwaka w’i 1960 nubu itararangira, iyi ntambara iterwa ahanini n’intambara bashoweho n’imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï, FDLR n’indi mitwe igizwe n’Abatwa bo muri Moba, mu cyahoze cyitwa Katanga.

Kuba Abanyamulenge, barabaye, muntambara cyane, biri mu byatumye Abanyamulenge bamenya kw’irwanaho no kuramira abarengana. Ni muri ubwo buryo, rero Adel Kibasumba, yaba yarigiyemo kw’irwanaho.

Mu mwaka wa 2004, Adel Kibasumba, yigaga ku kigo cy’Ishuri ry’Isumbuye (Institut) rya Madegu, mu Minembwe bya vuzwe ko aha y’igaga mu ishami ry’Ibinyabuzima n’ubutabire (Biochimie); aha kandi niwe mukobwa wenyine wari muri iri shuri!  Mu buhamya bwatanzwe n’umwe mu banyeshuri biganaga yavuze ko Abahungu batinyaga Adel Kibasumba.

Nk’uko iy’inkuru tuyikesha ikiganiro Adel, yanyujije kurukuta rwe rwa X uriya watanze ubuhamya bw’uko Adel Kibasumba yarazi kw’irwanaho yagize ati: Njya n’ibuka kuri Madegu, ko wari umukobwa umwe muri Biochimie, kandi Abahungu baragutinyaga, war’umuhanga ukaba n’Ingare.

Yakomeje agira ati: Uzi ko iyo bakurakazaga watombokaga mu giswahili!

Nyuma y’ubu buhamya Adel Kibasumba, akoresheje urubuga rwe rwa X, yagize ati: Kuri Institut Madegu aho, niho, nigiye kw’irwanaho nyako.

Ishirahamwe rya Mahoro Peace Association riyobowe na Adel Kibasumba, rizwi, mu kuguboka Abanyamulenge, bagiye bakurwa mu byabo kubera Intarambara za Maï Maï, FDLR n’Imitwe igizwe n’Insoresore z’Abarundi.

Adel Kibasumba, yatorewe kuyobora Mahoro Peace Association, kuya 05 Mutarama 2020. Akaba amaze kuyobora uyu muryango manda zibiri(2).

Adel Kibasumba, n’imwene Prudence Murinda, kuri ubu, batuye muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Amafoto: X & Facebook ya Adel Kibasumba

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img