31.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeLeta ya Tshisekedi yataye muri yombi abasirikare bayo 26  ibaziza kwikanga no...

Leta ya Tshisekedi yataye muri yombi abasirikare bayo 26  ibaziza kwikanga no gutinya M23

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yataye muri iyombi abasirikare bayo 26 ibaziza kwikanga no kugirira ubwoba Intare za Sarambwe (M23) i Sake muri teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Aba basirikare bose kandi bahise banahagarikwa mu kazi uko ari 26 kuva tariki ya 02 Mutarama 2023. Amakuru agera kuri corridorreport.com avuga kandi ko icyo bariya basirikare bose bazira Atari ugutinya gusa no kwikanga M23 ahubwo bamwe banze no kurwana n’Intare za Sarambwe (M23).

Aya makuru akomeza avuga ko kuva kuwa Kabiri w’ejo hashize, amasasu y’umvikanye arasirwa i Mubambiro no mu Mujyi wa Sake, abayarashe bari bikanze, Ingabo zo mu mutwe wa M23

Bivugwa ko kandi hari n’abandi basirikare bahakanye ko batazongera kujya mu rugamba na M23. Iperereza rikomeje gukorwa ngo hatahurwe abasirikare bose batinye kuzongera kujya murugamba na M23.

Ubutumwa bw’abahutu kwa Perezida Tshisekedi bwishimira itsinzi ye bwaciye igikuba

Twakwibutsa ko ibi byose bibaye mugihe i Kinshasa, k’umurwa mukuru wa RDC, hakomeje kuvugwa urwikekwe mu basirikare bakuru, aho bamwe bashinjwa kuba bashaka guhirika ubutegetsi no gushyigikira imitwe y’inyeshamba y’itwaje Intwaro irimo na M23.

Kugeza ubu imirwano ihanganishije M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, imaze imyaka itatu irenga. Ni imirwano yagiye iha M23 kwa mbura ibice byinshi biri muri teritware ya Masisi, Rutsuru na Nyiragongo.

Indi nkuru wasoma:

Coup d’état muri RDC! Urugo rwa Général Gabriel Amis Tangufort rwagoswe »Inkuru irambuye

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img