37.4 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeKenya: Imvura yatumye Guverinoma ihagarika itangira ry’amashuri

Kenya: Imvura yatumye Guverinoma ihagarika itangira ry’amashuri

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko yigije inyuma itangira ry’amashuri kubera ikibazo cy’imvura ikabije iri kugwa mu bice bitandukanye by’iki gihugu. 

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata mu 2024 na Minisitiri w’Uburenzi muri Kenya, Ezekiel Machogu. Bivuze ko amashuri abanza n’ayisumbuye yagombaga gutangira ku wa 29 Mata 2024 azatangira ku wa 6 Gicurasi mu 2024. 

Ezekiel Machogu yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo gusanga amashuri menshi yaragezweho n’ingaruka z’imyuzure. 

Ati “Raporo yakiriwe na Minisiteri y’Uburezi irimo amakuru yakusanyijwe ku bufatanye n’izindi nzego za leta, yerekana ko amashuri atandukanye mu bice byinshi by’igihugu yagizweho ingaruka zikomeye n’imvura.” 

Yavuze ko hamwe na hamwe izi ngaruka ziri ku rwego rwo hejuru ku buryo zitatuma abanyeshuri bakurikirana neza amasomo yabo. 

Imvura ikabije imaze iminsi igwa muri Kenya yahitanye abantu barenga 80, mu gihe abandi barenga ibihumbi 130 bavuye mu byabo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here