31.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeN’iki cyaba cyihishe inyuma y’itangazo rya Sosiyete sivile ya Rutshuru k’ukuba haba...

N’iki cyaba cyihishe inyuma y’itangazo rya Sosiyete sivile ya Rutshuru k’ukuba haba hari ingabo za UPDF bavuga ko zaba zinjiye Muri RDC gufasha abarwanyi ba M23

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahawe impuruza n’Inama y’urubyiruko rwo muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma y’abo ivuga ko ari abasirikare bo mu ngabo za Uganda (UPDF) bakomeje kwinjira muri RDC ku bwinshi. 

Mu mpuruza yatanze na Twizere Sebashitsi Patien ukuriye iriya nama yavuze ko kuva mu Cyumweru gishize “abasirikare ba UPDF bafite intwaro nyinshi” bari kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Teritwari ya Rutshuru. 

Aba basirikare ba Uganda bakaba bari kwinjira muri kiriya gihugu baciye ku mupaka wa Kitagoma uherereye muri Groupement ya Busanza, chefferie ya Bwisha. 

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze igihe kirekire ivuga ko Uganda iri mu bihugu biha ubufasha M23. 

Guverinoma ya Tshisekedi yanze kubyerura kuko ngo idashobora guhangana n’u Rwanda bafitanye amakimbirane muri iyi minsi hanyuma kandi ngo inahangane na Uganda. 

Sosiyete Sivile yo muri Kivu y’Amajyaruguru ishinja Ingabo za Uganda ivuga ko ziri kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “kujya guha umusada w’Ingabo n’amasasu M23” ivuga ko iri gushiranwa n’Ingabo n’amasasu. 

Cyakora kugeza magingo aya M23 iracyagenzura ibice byinshi bya za Teritwari za Rutshuru, Masisi na Nyiragongo ndetse ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Congo n’ingabo za SDC ntabwo birashobora kuyirukana muri ibyo bice igenzura. 

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomeza avuga ko inama y’urubyiruko rwo muri Teritwari ya Rutshuru yasabye Guverinoma y’i Kinshasa gukora ibishoboka byose ikirukana M23. 

Iyi nama y’urubyiruko ikaba itanga impuruza ivuga ko abaturage bo mu duce M23 igenzura “bugarijwe n’ubwicanyi, gushimutwa, kurasirwa amajwi, gusahurirwa imitungo, kwinjizwa mu ngabo ku ngufu ndetse no gusambanywa ku ngufu”. 

Ni ibirego M23 cyakora ahubwo yakunze kwitirira Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko mu byo irwanira inavuga ko harimo kurinda umutekano w’abasivile n’ibyabo kuko badahwema guhohiterwa n’Ingabo za Leta n’abambari bayo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img