22 C
Africa
Saterdag, April 25, 2026
HomePolitikePerezida Kagame yakuriye inzira ku murima kimwe mu bihugu bigize umuryango wo...

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima kimwe mu bihugu bigize umuryango wo gutabarana wa NATO cyanze Ambasaderi w’u Rwanda

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu kiganiro na Jeune Afrique cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere ushize, Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rutazohereza undi ambasaderi i Buruseli utari Vincent Karega, u Bubiligi bwanze ntibutange “ibisobanuro byumvikana”. 

Perezida kagame yabwiye Jeune Afrique ati “Ubwo byari bigeze guhindura ambasaderi I Buruseli, twahisemo koherezayo Vincent Karega.”  

“Cyane cyane ko azi neza uko ibintu bimeze, kubera ko yabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, kandi azi neza u Burayi na Buruseli neza”. 

Ubwo yabazwaga ku kuba Buruseli yaranze kwakira Karega, yagize ati “Nyuma y’igihe runaka, Buruseli yatubwiye ko idashaka kumwemera, kandi ko ari ngombwa kohereza undi ambasaderi.”  

“Tubajije ibisobanuro, twabwiwe inkuru z’ibyabaye igihe Vincent Karega yari ambasaderi muri Afurika y’Epfo. Twasubije ko, kubera ko ibyo bitigeze bimugiraho ingaruka mu butumwa bwe muri DRC, bitagomba kugira ingaruka ku ishyirwaho rye mu Bubiligi…” 

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yongeyeho ati: “Twasabye (Ababiligi) kudusobanurira ikibazo gihari mu by’ukuri, ariko igisubizo cyabo nticyatunyuze.”  

Ku bwe, “nta bisobanuro bisobanutse neza byatanzwe” ku kwanga kwemera Karega. Abajijwe inkomoko y’ikibazo niba ari “Kinshasa”, yasubije ati “yego, birumvikana”. 

“Nkaho RDC ititotombera ibintu byose bitureba! Twabwiye abategetsi b’Ababiligi, cyane, ko babikora kubera ko RDC yabibasabye, ibisigaye ni urwitwazo.”  

“RDC ishobora gutegeka imyitwarire yayo u Bubiligi kuko u Bubiligi bubyemera, ariko ntiyadutegeka iyacu. Dufata rero iki kibazo mu buryo bwa filozofi, kandi nta wundi ambasaderi dufitemo inyungu utari we.” 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here