29.4 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImikinoRayon Sports yatwaye igikombe cy’Amahoro ariko ntiyagicyura kubera ibyakibayeho bamaze kugiha abakinnyi...

Rayon Sports yatwaye igikombe cy’Amahoro ariko ntiyagicyura kubera ibyakibayeho bamaze kugiha abakinnyi b’iyi kipe

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ikipe y’Umupira w’Amaguru ya Rayon Sports y’Abagore (Rayon Sports WFC), yegukanye igikombe cy’Amahoro kiri mu marushanwa akomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ndetse iranagishyikirizwa ariko birangira itagitahanye, kuko yagisubije FERWAFA nyuma y’uko gishwanyaguritse kimaze guhabwa abakinnyi. 

Iyi kipe ya Rayon Sports WFC, yegukanye Igikombe cy’Amahoro ku nshuro yayo ya mbere nyuma yo kunyagira Indahangarwa WFC ku mukino wa nyuma ibitego 4-0, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024. Ubwo ibyishimo byari byose ku bakinnyi ba Rayon Sports y’abagore ndetse bari kwishimira iki gikombe, cyatangiye gushwanyagurika ndetse ibice byacyo bitangira gutandukana. 

Ibi byabaye byatumye abari bahagarariye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bafata umwanzuro wo kugisubizayo bakazabashakira ikindi. 

Uretse aka gashya karanze uyu munsi, nanone Mukandayisenga Jeanine watsindiye Rayon Sports ibitego bine muri uyu mukino, byarangiye adacyuye umupira nk’uko biteganywa ku mukinnyi watsinze ibitego biri hejuru ya bitatu mu mukino umwe, ahubwo abwirwa ko bitari byateganyijwe. 

Gusa ubuyobozi bwa Rayon Sports WFC bwo bwahise bufata icyemezo, abari ari bwo bumwiherra umupira wo kuzajya yibukiraho ko byibuze yatsinze ibitego biri hejuru ya bitatu ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro. 

Iyi kipe ya Rayon Sports WFC yatwaye igikombe cy’Amahoro kiyongera ku cya Shampiyona, mu gihe uyu mwaka ari wo wayo wa mbere mu cyiciro cya mbere. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here