26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroThe Ben yatumiye Perezida Kagame mu gitaramo cye gisoza umwaka

The Ben yatumiye Perezida Kagame mu gitaramo cye gisoza umwaka

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben yatangaje ko yatumiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu gitaramo cye gisoza umwaka cyiswe ‘The New Year’s Groove’, giteganyijwe ku wa 01 Mutarama 2026 muri BK Arena.

The Ben yabigarutseho mu kiganiro RBA Iwacu gikorwa na Kate Gutsave, aho yavuze ko iki gitaramo gifite igisobanuro gikomeye kuri we n’abakunzi b’umuziki, kuko ari uburyo bwo gutangirana umwaka mushya n’abanyarwanda.

Bimaze kumenyerwa ko Umukuru w’Igihugu ajya agaragara mu bitaramo bigiye bitandukanye, hari amahirwe menshi ko niki cya ‘The New Years Groove’ yakibonekamo.

Iki gitaramo gitegerejwe cyane n’abakunzi b’umuziki mu Rwanda, bitewe n’imitegurire yacyo idasanzwe, ariko by’umwihariko kuko giteganyijwe gushyira akadomo ku ihangana rimaze iminsi rivugwa hagati y’abahanzi bakomeye mu Rwanda: The Ben na Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melody.

Mu minsi ishize, aba bahanzi bombi bagiye basohora indirimbo zirimo amagambo yihariye agaragaza ihangana, aho buri umwe ashimangira ko ari we uyoboye abandi mu muziki nyarwanda.

Ku wa 17 Ukuboza, Bruce Melody yasohoye indirimbo ‘Munyakazi’, aho yumvikanye ashinja The Ben ubunebwe. The Ben na we ntiyatinze kumusubiza, asohora indirimbo ‘Indabo Zange’ ku wa 27 Ukuboza, aho yibukije Bruce indabo yigeze gushyira Kizz Daniel akazitera utwatsi.

Byongeye kandi, mu mashusho y’iyo ndirimbo, yagaragaje ko Bruce Melody yaba yaribaiwe n’ibiyobyabwenge, nubwo uyu muhanzi aherutse kubihakana ku mugaragaro.

Ibi byose byatumye igitaramo cya ‘The New Year’s Groove’abantu benshi bagitegereje bashaka kureba uko iri hangana rizasozwa n’icyo rizasiga mu muziki nyarwanda.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here