29.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeTshisekedi yongeye kwibasirwa bikomeye asabwa ko we n’ishyaka rye basaba imbabazi Joseph...

Tshisekedi yongeye kwibasirwa bikomeye asabwa ko we n’ishyaka rye basaba imbabazi Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Senateri Muyumba Francine  yasabye ishyaka rya UPDS hamwe n’Ubutegetsi bwayo  kugira ubutwari bagatera intambwe yo gusaba imbabazi Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa RDC kuko bamwibasiye igihe kinini bavuga ko atari umunye-Congo ko ahubwo ari umunyamahanga. 

Mu butumwa bwe yanyujije ku rukuta rwe rwa X, Senateri Muyumba yakomeje avuga ko ishyaka rya Tshisekedi ryibasiye uyu mugabo kuva kera. 

Senateri Muyumba avuga ibi ashingiye ku kuba Tshisekedi n’ishyaka rye barakunze kuvuga ko ngo Joseph Kabila yaba ari umunyarwanda, abandi bakemeza ko afite inkomoko muri Tanzania bityo agahera aho  avuga ko bagakwiye kumusaba imbabazi rwose. 

Mu matora ya 2006 ubwo Joseph Kabila  yiyamamarizaga kuba Pererzida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakunze kugaragaza ko atari umunye-Congo ndetse bamwe bakemeza bashingiye ku moko bavuga ko ngo  yaba ari umututsi . 

Muri iki gihugu bakunze kugira ivangura rishingiye ku moko, ku buryo uwo bibasiye batangira kumutwerera ubwoko abandi batiyumvamo. 

Ibyo nibyo Senateri  Muyumba yashingiyeho  asaba UPDS gutera intambwe bagasaba imbazabi Joseph kabila kuko bamusebeje bihagije. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img