39.1 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeAndi makuruUmwana wiga mu mwaka wa Gatutu w’amashuri abanza yagiye ku ishuri yambaye...

Umwana wiga mu mwaka wa Gatutu w’amashuri abanza yagiye ku ishuri yambaye impuzankano y’ishati ya Polisi avuga ko ari iyo se yambara nijoro akagenda batazi aho agiye

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ku munsi w’ejo hashize ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hasakaye ifoto yatangaje benshi y’umwana wo mu Karere ka Muhanga, wiga mu mwaka wa Gatutu w’amashuri abanza kuri EP Gatenzi, wagiye ku ishuri yambaye impuzankano y’ishati ya Polisi. 

Ubwo uyu mwana yageraga ku ishuri yabajijwe aho yakuye iyo shati maze avuga ko ari iyo se yambara nijoro akagenda batazi aho agiye. Bamwe mu bakwirakwizaga iyo ifoto y’uwo mwana bavugaga ko uwo mwenda ari uw’ukuri ndetse ko n’uriya mwana yavuze ko umubyeyi we ngo yajyaga awifashisha n’ijoro. 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko umwenda wa Polisi uriya mwana yagaragaye ku ishuri yambaye utagikoreshwa, ariko kandi bitabujije Polisi gutangira iperereza, kugira ngo hamenyekane uko wamugeze mu maboko. 

Yagize ati “Ni umwana wiga mu mwaka wa Gatatu kuri EP Gatenzi waje ku ishuli yambaye impuzankano y’ ishati ya Polisi ariko itagikoreshwa ubungubu. Ubuyobozi bw’ishuli bwatumenyesheje, tukaba twatangiye iperereza ngo tumenye uko yayibonye.” 

Ifoto y’uwo mwana yifubitse impuzankano ya polisi benshi ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kuyivugaho mu buryo butandukanye, harimo n’abasabye ko n’ababyeyi be bakorwaho iperereza ngo bimenyekane aho uwo mwambaro wavuye koko.  

Icyakora abantu benshi bakomeje kugaragaza ko bakeka umubyeyi w’uyu mwana kuko ngo amakuru ahari ni uko se w’uyu mwana atari umupolisi. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here