26.5 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAmakuruWhatsApp igiye guhagarika gukora mu gihugu hose  »Abayikoreshaga biragenda gute?

WhatsApp igiye guhagarika gukora mu gihugu hose  »Abayikoreshaga biragenda gute?

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru agezweho avuga ko abanyamategeko b’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Meta batangaje ko urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp, rushobora guhagarika gukorera mu Buhinde, mu gihe Leta y’iki gihugu yakomeza gutsimbarara ku rubanza barimo.

Ukutumvikana kwa WhatsApp na Leta y’u Buhinde kwakuruwe n’amabwiriza agenga ibigo bifite imbuga nkoranyambaga iki gihugu cyemeje mu 2021.

Aya mabwiriza agena ko abayobozi b’imbuga nkoranyambaga zirimo na WhatsApp bategetswe gutanga ubutumwa abazikoresha bohererezanya igihe basabwe n’urwego rubifitiye ububasha.

Mu rubanza rwabaye mu mpera z’iki cyumweru, abanyamategeko ba WhatsApp bateye utwatsi aya mabwiriza, bavuga ko atubahirije Itegeko Nshinga, ndetse bashimangira ko WhatsApp izahagarika gukorera mu Buhinde mu gihe cyose yasabwa gushyira hanze ubutumwa bw’abayikoresha.

Aba banyamategeko kandi bavuga ko nta mukozi wa WhatsApp ukwiriye kuba umufatanyacyaha kuko yanze gushyira hanze ubu butumwa.

Mu Buhinde niho ha mbere WhatsApp ifite abakiliya benshi kuko ikoreshwa n’abarenga miliyoni 535, batanga inyungu isatira miliyari 1$. Ni imibare izamukaho 16.6% buri mwaka.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here